Dr. Fidele NDAHAYO
Umuyobozi Mukuru wa RAEB
Dr Fidele Ndahayo ni Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu za Atome mu Rwanda (RAEB). Mbere yo kwinjira muri RAEB, yari afite uburambe bw’igihe kirekire mu by’amashuri makuru kuva mu 1998. Yabaye inshuro nyinshi Umuyobozi w’Ishami ry’Ubumenyi (Dean of Faculty of Science) muri Kaminuza y’u Rwanda (yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda). Yabaye kandi Perezida wa Komisiyo y’Igihugu ya UNESCO mu Rwanda kuva mu 2010 kugeza mu 2014.
Mu 2018, yinjiye mu Itsinda ry’Abatekinisiye ryashinzwe gusuzuma ubushobozi bw’u Rwanda bwo gutangira imishinga y’ingufu za nikleyeri. Mu 2020, yakoraga nk’inzobere mu by’ingufu za nikleyeri muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo.
Afite impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) mu Bumenyi bw’Ikirere (Physics) n’Imibare, yibanze ku bya nikleyeri n’ibice bigize atome (particle physics).
Abayobozi b’Amashami